Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo yasabye abikorera kunoza ibikorerwa mu Rwanda mu rwego rwo kwihutisha iterambere

Ku wa 01 Gicurasi 2018, u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’umurimo,  Umunsi wizihirijwe mu Murenge wa Gisenyi  mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti  iti  “Duteze imbere umurimo utanga umusaruro, Twihutishe iterambere”.
Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byari byitabiriwe n’abakozi b’ingeri nyinshi higanjemo urubyiruko, mu buhamya bwagiye butangwa bamwe mu rubyiruko bahize abandi mu kwihangira imirimo itanga umusaruro ikanatanga akazi ku bandi bakaba baragaragaje ko kwiteza imbere no kwihangira imirimo bidasaba guhera ku gishoro kinini, ahubwo bisaba gushirika ubute,kwiyemeza  ugakora kandi ukagira intego n’Icyerekezo   wifuza kugeraho
Ruzibiza Stephen; Umuyobozi Mukuru  w’Urugaga Rw’Abikorera mu Rwanda na Mubera Martin; Perezida wa CESTRAR ihagarariye amasendika y’Abakozi  mu Rwanda, bose mu butumwa bwabo bashimye ubufatanye bafitanye na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo  ndetse bishimira ibimaze kugerwaho mu rwego rwo guteza imbere umurimo mu Rwanda binyuze mu bufatanye buhoraho hagati y’Inzego za Leta, Abikorera ndetse n’Abahagarariye abakozi, ndetse bashimira ko  Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda riri kuvugururwa kuko ryitezweho kuzakomeza kurushaho guteza imbere Umurimo ndetse no kuwunoza.   
Mu ijambo rye, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo; Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, yashimiye abitabiriye umuhango bose, abasaba gukomeza kwibanda ku gukora ibikenewe ku isoko muri gahunda y’ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda), ariko bakarushaho kubikora neza kugira ngo bibashe guhangana n’ibiva mu mahanga netse no ku isoko mpuzamahanga .
Minisitiri Rwanyindo yagize ati “Ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) bikomeje kugira uruhare mu ihangwa ry’imirimo. Dukwiye kurushaho kugura ibikorerwa iwacu kandi ababikora bakarushaho kongera ubwiza bwabyo kugira ngo bishobore guhangana no ku isoko mpuzamahanga.”
Yakomeje agira ati “Dukwiye kongera ubumenyi n’ikoranabuhanga mu byo dukora byose kugirango dushobore kubyaza umusaruro amahirwe y’isoko ryaguye ry’Afurika no kwihutisha ihangwa ry’imirimo itanga umusaruro.”
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yasabye kandi urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, kuko ubumenyingiro ari inkingi yo kwihangira imirimo no kuyibona mu buryo bworoshye bikanagira uruhare mu kongera ibikorerwa mu Rwanda.
Muri uyu muhango wo ku rwego  rw’igihugu hahembwe abanyamakuru batatu bahize abandi mu gukora inkuru zishishikariza abantu gukora no kwihangira imirimo, ba Rwiyemezamirimo batatu b’urubyiruko bahize abandi mu kwihangira imirimo, Akarere kamwe muri buri Ntara kahize utundi mu mu guteza imbere ndetse no gushyiraho uburyo bufasha bukanorohereza abashoramari n’abandi bafatanyabikorwa  bikagira ingaruka nziza ku ihangwa  ry’ imirimo myinshi  ndetse n’ibigo byafashije urubyiruko rwinshi kwimenyereza umurimo.
Nyuma y’ibirori, abakozi n’abakoresha bakomereje kwizihiza Umunsi w’Umurimo mu  gusangira no gusabana muri buri Kigo  ari nako hatorwa Indashyikirwa.
“Duteze imbere Umurimo Utanga Umusaruro, Twihutishe Iterambere”

Topics


At least 2,500 workers in construction awarded certificates through Recognition Prior Learning program

The Ministry of Public Service and Labour, the Rwanda TVET Board, in collaboration with STECOMA, awarded certificates of competence to 2,500 workers…

Read more →

OWNERS AND MANAGERS WERE CHALLENGED TO ENHANCE DECENT WORK IN PRIVATE SECURITY COMPANIES

The Ministry of Public Service and Labour and Rwanda National Police, recently undertook a thorough inspection of private security companies in…

Read more →

Hon BAYISENGE conducted field visit in Rulindo-Musanze and Rubavu to assess employment and decent work

On the 18th and 19th of January 2024, the Minister of Public Service and Labour Hon Jeannette Bayisenge undertook a field visit to Rulindo, Musanze,…
Read more →

2000 miners workers awarded certificates through Recognition of Prior Learning (RPL) program

On Wednesday, Rwanda TVET Board in partnership with Rwanda Extractive Industry Workers Union, Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, Rwanda Mining…

Read more →

LA DÉLÉGATION DU MINISTÈRE DU TRAVAIL ET DE LA FONCTION PUBLIQUE DU BÉNIN EN VISITE À MIFOTRA

Le 21 Novembre 2023, la Ministre de la Fonction Publique et du Travail, honorable Jeannette Bayisenge a accueilli une délégation du Bénin, dirigée par…

Read more →

MEMBERS OF THE PARLIAMENT FROM NIGERIA VISITED MIFOTRA TO SHARE THE EXPERIENCE IN PUBLIC SERVICE MANAGEMENT

A delegation of Members of the National Assembly Service Commission of Nigeria, currently in Rwanda, today Wednesday 8th Nov 2023 visited the Ministry…

Read more →

MEMBERS OF THE UGANDAN PARLIAMENT VISITED MIFOTRA TO SHARE THE EXPERIENCE IN PUBLIC SERVICE MANAGEMENT

A delegation of Members of Parliament (MPs) from Uganda, currently in Rwanda, today Tuesday 31st October 2023 visited the Ministry of Public Service…

Read more →

The Head of Cooperation from the Belgium Embassy and Resident Representative of Enabel paid a courtesy call on Hon. Minister Jeannette Bayisenge

On Wednesday, October 4th, 2023, a delegation composed of the Head of Cooperation at the Embassy of the Kingdom of Belgium in Kigali, Mr. Jean-Michel…

Read more →

Ms Jennet Kem the Representative of UN WOMEN in Rwanda paid a courtesy call on Hon Minister Jeannette Bayisenge

On Tuesday 26th September 2023, Ms Jennet Kem the Representative of UN WOMEN in Rwanda paid a courtesy call on the Minister of Public Service and…

Read more →
-->