Urubyiruko rurasabwa gukora umurimo unoze kandi ubyara inyungu no kubyaza umusaruro amahirwe ruhabwa na Leta y’u Rwanda.

Kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2019, muri Kigali Convention Center habereye umuhango wo guha Impamyabushobozi Urubyiruko 121 rurangije kwiga imyuga. Ni umuhango wayobowe na Bwana Gaspard MUSONERA, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo wari Umushyitsi Mukuru ahagarariye Nyakubahwa Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Madamu RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan.

Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko, ibinyujije muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho gahunda ya Igira Ku Murimo ifasha abahugurwa kubona ubumenyi buhagije bubafasha kwihangira imirimo,  aho bamara amezi atandatu (6)  bigira mu ishuri, andi mezi atandatu (6)  bakayamara bigira ku murimo. Iyi gahunda iterwa inkunga kanda igashyirwa mu bikorwa n’ Umushinga uterwa inkunga n’Ububiligi witwa APEFE.

Ku ikubitiro, iyi gahunda yahaye Impamyabushobozi urubyiruko 121 rurangije amasomo yarwo mu byiciro 3: Ubudozi, Ubwiza no Gutunganya Imisatsi, no Gutunganya umusaruro ukomoka ku Buhinzi n’Ubworozi. Uru rubyiruko rukaba rurangirije mu mashuri y’Ubumenyingiro 4 mu Gihugu ariyo Ngarama, Gacuriro, ESTB Busogo na Kabutare.

Mu buhamya bwatanzwe na bamwe mu barangije aya masomo, bagarutse ku gushimira Leta y’u Rwanda idahwema kubatekereza mu iterambere ry’Igihugu cyacu; bavuga ko iyi gahunda yabafashije cyane; bakiteza imbere, bakizigamira, abandi bakabona imirimo nyuma y’igihe kirekire ari abashomeri.

Mu ijambo rye, Dr. James Gashumba, Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Ubumenyingiro, yavuze gahunga ya Igira ku Murimo ari ipfundo rishamikiyeho ibindi byinshi bizafasha mu gutanga impamyabushobozi ku muntu ushobora guhita atangira umurimo. Yongeyeho ko kurera no kwigisha bidakwiye gukorerwa mu ishuri gusa, ahubwo hakwiye ubufatanye hagati ya kaminuza, inganda n’abikorera mu rwego rwo gufasha abigisha mu mashuri y’imyuga kuba bazi kwigisha ariko bafite n’ubumenyingiro. Bwana Musonera Gaspard , Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangiye ashimira abafatanyabikorwa batandukanye ku ruhare rwabo mu kugenda neza kwa Gahunda ya Igira Ku Murimo.

Yavuze ko mu rwego rwo kugera ku ntego Leta y’u Rwanda yihaye y’uko kugera mu mwaka w’i 2024 hazahangwa imirimo 1,500,000 ibyara inyungu igatunga nyirayo, Leta y’u Rwanda yiyemeje guteza imbere ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo, binyuze mu gushishikariza Abanyarwanda kwitabira amasomo y’Ubumenyingiro bigira aho imirimo ikorerwa.

Yakomeje yibutsa urubyiruko rwarangije amasomo ko ubumenyi ndetse n’ubushobozi ari magirirane. Yagize ati: “Ubumenyi ni ukuvuga ngo ushoboye gusubiza ikibazo isoko ry’umurimo rifite. Ntabwo umuntu aguha akazi kuko utagafite, umuntu aguha akazi kuko ugiye kumusubiriza ikibazo yari afite. Ndetse n’iyo wihangira imirimo, ntabwo ugenda ngo ugiye kwihangira imirimo ngo ukore icyo ubonye, ukora icyo abantu bakeneye, bashakaga, bashakiraga igisubizo. Ibyo birasaba ko uba ufite ubumenyi n’ubushobozi byo gutanga ibyo bisubizo”.

Mu butumwa yahaye urubyiruko kandi, Bwana Musonera yabasabye gukora umurimo unoze kandi utanga umusaruro. Yagize ati: Ubutumwa nifuza kubaha uyu munsi buroroshye cyane, ndizera ntashidikanya ko uyu munsi ari intangiriro nziza mu gushyira mu bikorwa ibyo mwize mu gukora umurimo unoze kandi utanga umusaruro. Ndasaba kandi gukorana umurava buri gihe mutekereza gukora ibyiza kandi neza kurushaho.”

Yasabye kandi urubyiruko guhora rwiga kuko kwiga bitarangira, aho yagize ati: “Munyemerere mbibutse ko kwiga bitarangira nk’uko nabivuze, isi irihuta, ihinduka buri munsi, isaba ibitandukanye n’ibyo isaba uyu munsi, ni ngombwa ko muhora mwibaza uko musubiza ibibazo by’ababagana”

Yarangije ashimira politiki idaheza irangwa muri gahunda ya Igira Ku Murimo, aho abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batahejwe, bagahugurwa kimwe n’abandi. Anasaba abafatanyabikorwa gukomeza gushyigikira intambwe bateye kugira ngo iyi gahunda izakomeze kugera ku banyarwanda benshi.

Muri uyu muhango kandi hashimwe abafatanyabikorwa barimo Abayobozi b’ibigo iyi gahunda yatangiriyemo, Abayobozi ba sosiyete zakiriye abanyeshuri mu kwimenyereza umwuga, ndetse n’abahuguwe ku rurimi rw’amarenga mu rwego rwo gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

 

 

 

Topics


At least 2,500 workers in construction awarded certificates through Recognition Prior Learning program

The Ministry of Public Service and Labour, the Rwanda TVET Board, in collaboration with STECOMA, awarded certificates of competence to 2,500 workers…

Read more →

OWNERS AND MANAGERS WERE CHALLENGED TO ENHANCE DECENT WORK IN PRIVATE SECURITY COMPANIES

The Ministry of Public Service and Labour and Rwanda National Police, recently undertook a thorough inspection of private security companies in…

Read more →

Hon BAYISENGE conducted field visit in Rulindo-Musanze and Rubavu to assess employment and decent work

On the 18th and 19th of January 2024, the Minister of Public Service and Labour Hon Jeannette Bayisenge undertook a field visit to Rulindo, Musanze,…
Read more →

2000 miners workers awarded certificates through Recognition of Prior Learning (RPL) program

On Wednesday, Rwanda TVET Board in partnership with Rwanda Extractive Industry Workers Union, Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, Rwanda Mining…

Read more →

LA DÉLÉGATION DU MINISTÈRE DU TRAVAIL ET DE LA FONCTION PUBLIQUE DU BÉNIN EN VISITE À MIFOTRA

Le 21 Novembre 2023, la Ministre de la Fonction Publique et du Travail, honorable Jeannette Bayisenge a accueilli une délégation du Bénin, dirigée par…

Read more →

MEMBERS OF THE PARLIAMENT FROM NIGERIA VISITED MIFOTRA TO SHARE THE EXPERIENCE IN PUBLIC SERVICE MANAGEMENT

A delegation of Members of the National Assembly Service Commission of Nigeria, currently in Rwanda, today Wednesday 8th Nov 2023 visited the Ministry…

Read more →

MEMBERS OF THE UGANDAN PARLIAMENT VISITED MIFOTRA TO SHARE THE EXPERIENCE IN PUBLIC SERVICE MANAGEMENT

A delegation of Members of Parliament (MPs) from Uganda, currently in Rwanda, today Tuesday 31st October 2023 visited the Ministry of Public Service…

Read more →

The Head of Cooperation from the Belgium Embassy and Resident Representative of Enabel paid a courtesy call on Hon. Minister Jeannette Bayisenge

On Wednesday, October 4th, 2023, a delegation composed of the Head of Cooperation at the Embassy of the Kingdom of Belgium in Kigali, Mr. Jean-Michel…

Read more →

Ms Jennet Kem the Representative of UN WOMEN in Rwanda paid a courtesy call on Hon Minister Jeannette Bayisenge

On Tuesday 26th September 2023, Ms Jennet Kem the Representative of UN WOMEN in Rwanda paid a courtesy call on the Minister of Public Service and…

Read more →
-->